Mechanism holds diplomatic briefing in The Hague

Uyu munsi abayobozi bakuru b’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (MICT) bagiranye ikiganiro n’abadiporomate bahagarariye ibihugu byabo mu gihugu cy’u Buholandi.
Ibiro bya Porokireri byibutse abakorewe jenoside yo mu Rwanda

Mu gihe uyu munsi isi yose ibaye ihagaritse ibyo yakoraga ngo yibuke kandi yunamire abazize jenoside yo mu Rwanda ku ncuro ya 23, Ibiro bya Porokireri (OTP) w’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (MICT) bitewe agahinda n’ibyabaye kandi byifatanyije n’abakorewe ibyaha, abarokotse n’abanyarwanda bose.
MICT yifatanyije n’abandi kwibuka jenoside yabaye mu Rwanda mu mwaka wa 1994

Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (MICT) uyu munsi rwitabiriye umuhango wo kwibuka ku ncuro ya 23 jenoside yabaye mu Rwanda mu mwaka wa 1994. Uwo muhango wabereye ku cyicaro cy’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kiri Arusha, Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya.
MICT yakiriye abafasha b’abacamanza bo mu bucamanza bwa Tanzaniya

Ku wa Gatanu, tariki ya 17 Werurwe 2017, Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT” cyangwa “Urwego”) rwakiriye, ku biro by’Ishami ryayo ry’Arusha, itsinda ry’abafasha b’abacamanza bo mu bucamanza bwa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya, Urwo ruzinduko rwakozwe mu rwego rwa gahunda y’amahugurwa y’iminsi itatu yerekeranye no gutegura inyandiko no gukora ubushakashatsi mu by’amategeko, umuryango utegamiye kuri Reta witwa JEYAX Development and Training ukaba warafashije muri iyo gahunda.
‘Ndi Impinduka’: MICT yizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore

Ishami ry’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga ry’Arusha (“MICT”) uyu munsi ryizihije Umunsi mpuzamahanga w’umugore ufite insanganyamatsiko igira iti “Shira amanga uharanire impinduka”.
Gerefiye Elias yashoje ubutumwa bw’akazi yarimo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Iburengerazuba
Ku wa Kane, tariki ya 2 Werurwe 2017, Olufemi Elias, Gerefiye w’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT”), yashoje ubutumwa bw’akazi yagiriye muri Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Iburengerazuba. Muri urwo ruzinduko, Elias yabonanye n’abayobozi ba Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya (“Tanzaniya”), aba Repubulika y’u Rwanda (“Rwanda”), aba Repubulika ya Senegali (“Senegal”) n’aba Repubulika ya Ghana (“Ghana”).