Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yashyize Bwana Olufemi Elias ku mwanya wa Gerefiye w’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga
Gutumira itangazamakuru mu muhango wo gutaha ku mugaragaro inyubako y’Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga iri Arusha
Itangazamakuru ritumiwe mu muhango wo gutaha ku mugaragaro inyubako nshya y’Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT”) iri Arusha muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya. Perezida wa MICT, Umucamanza Theodor Meron, Porokireri Serge Brammertz, na Gerefiye John Hocking, bazifatanya muri uwo muhango n’abayobozi bakomeye ba Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya nk’igihugu gicumbikiye MICT, aba Repubulika y’u Rwanda, ab’Umuryango w’Abibumbye n’abadiporomate.
Porokireri wa MICT Serge Brammertz yafashe ijambo mu nama yo gushyiraho Ihuriro ry’Ubufatanye mu Butabera mu Karere k’ibiyaga bigari

Porokireri wa MICT Serge Brammertz yari i Nairobi, Kenya ku itariki ya 10 n’iya 11 Ugushyingo, aho yari umwe mu bantu b’imena bitabiriye inama igamije gushyiraho Ihuriro ry’Ubufatanye mu Butabera mu Karere k’ibiyaga bigari.
Perezida Meron yabonanye n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon
Umucamanza Theodor Meron, Perezida w’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT”), ejo yabonanye n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon.
Muri uwo mubonano, wabereye ku cyicaro gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye i New York, Perezida Meron yashimiye Umunyamabanga Mukuru kubera ukuntu mu kinyacumi gishize yaranzwe n’ubushake buhamye bwo kugeza ubutabera mpuzamahanga ku ntego yabwo no kuba ari ku isonga mu guha ijambo abakorewe ibyaha by’amarorerwa.
Perezida Meron yagejeje ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye raporo ya kane y’umwaka kandi ahamagarira Turukiya kurekura Umucamanza Aydin Sefa Akay ufunzwe
Perezida Theodor Meron uyu munsi yagejeje ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye Raporo ya kane y’umwaka y’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamanga (“MICT”) kandi amenyesha Inteko ikibazo cy’Umucamanza wa MICT w’Umunyaturukiya witwa Aydin Sefa Akay, ukomeje gufungwa n’abategetsi ba Turukiya.
Perezida Meron araganira ku bufatanye mu by’ubutabera hagati ya IRMCT n’Inzego nyafurika n’iz’Afurika y’Uburasirazuba
Uyu munsi, Umucamanza Theodor Meron, Perezida w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y'Insigarira y'Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), yabonanye n’Umucamanza Augustino S. L. Ramandhani, Perezida w’Urukiko Nyafurika ku burenganzira bwa Muntu ndetse anabonana n’Umucamanza Dogiteri Emanuel Ugirashebuja, Perezida w’Urukiko rw’Afurika y’Uburasirazuba hamwe n’Abacamanza bagize Ishami ryarwo ry’ubujurire. Izo nama zombi zabereye Arusha, muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya, ahari ibyicaro by’izo Nzego zose uko ari eshatu.
Urugereko rw’Ubujurire rwemeje bimwe mu byaha Ngirabatware yahamijwe mu rw’iremezo
Urugereko rw’Ubujurire rw’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (MICT) rugizwe n’Umucamanza Theodor Meron, Perezida, Umucamanza Bakone Justice Moloto, Umucamanza Christoph Flügge, Umucamanza Burton Hall, n’Umucamanza Liu Daqun, none rwasomye urubanza mu bujurire bwatanzwe na Augustin Ngirabatware.
Porokireri Jallow yavuze ijambo rigendanye no kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yabaye mu Rwanda
Hassan B. Jallow, Porokireri wa TPIR na MICT, yavuze ijambo uyu munsi rigendanye no kwibuka imyaka makumyabiri ishize mu Rwanda habaye jenoside, yatangiye ku itariki ya 6 Mata 1994. Ubwicanyi bwakozwe mu minsi igera ku ijana yakurikiyeho bwahitanye abantu bagera kuri miliyoni imwe b’Abatutsi bazira ubwoko bwabo cyangwa abandi bo mu bundi bwoko barwanyaga iyicwa ry’inzirakarengane.
Urubuga rw’UIMM ruraboneka mu ndimi: Ikibosiniya/Igikorowasiya/Igiseribiya n’Ikinyarwanda
Urubuga rw’Urwego rw’Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (UIMM) rwatangijwe mu ndimi: Ikibosiniya/Igikorowasiya/Igiseribiya n'Ikinyarwanda, mu rwego rwo kwegereza imikorere yarwo imiryango yo mu cyahoze ari Yugosilaviya n’u Rwanda.