Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha Serge Brammertz aremeza urupfu rwa Augustin Bizimana washakishwaga n’ubutabera mpuzamahanga

Augustin Bizimana
Augustin Bizimana
Ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) uyu munsi biremeza urupfu rwa Augustin Bizimana, umwe mu bashakishwaga n’ubutabera mpuzamahanga akaba anaregwa kuba yari umuyobozi mukuru mugihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994. Uku kwemeza uru rupfu gushingiye ku bumenyi bw’irangamiterere bwimbitse bwakozwe ku bisigazwa by’umubiri we ku mva iri iPointe Noire muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Félicien Kabuga washakishwaga n’ubutabera mpuzamahanga yatawe muri yombi uyu munsi

Félicien Kabuga
Félicien Kabuga

Uyu munsi, Félicien Kabuga – umwe mu bantu bashakishwaga cyane kw’isi akaba anakekwa kuba yaragize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994-yatawe muri yombi i Paris mu Bufaransa n’inzego z’Ubufaransa biturutse ku iperereza izo nzego zakoze zifatanyije n’ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT).

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha Serge Brammertz yavuze ibikurikira kuri iri tabwa muri yombi:

Minisitiri wa Tanzaniya ushinzwe kurinda ubusugire bw’Itegeko Nshinga n’ibyerekeranye n’amategeko, yitabye Imana i Dodoma

Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) rwifatanyije n’izindi nzego z’Umuryango w’Abibumbye zikorera muri Tanzaniya, abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga muri Reta Yunze Ubumwe ya Tanzaniya (Tanzaniya), ndetse n’amahanga yose, mu gufata mu mugongo Perezida wa Tanzaniya, Abatanzaniya n’umuryango wa Dogiteri Augustine Mahiga, wari Minisitiri wa Tanzaniya ushinzwe kurinda ubusugire bw’Itegeko Nshinga n’ibyerekeranye n’amategeko, nyuma y’urupfu rwa nyakwigendera rwabaye ku wa Gatanu tariki ya 1 Gicurasi 2020.

Ubutumwa buhuriweho bw’Abayobozi Bakuru b’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha: Umuhango wo kwibuka jenoside wabaye ku itariki ya 7 Mata 2020

IRMCT Principals: President Carmel Agius (center) with Prosecutor Serge Brammertz (right) and Registrar Olufemi Elias (left).
IRMCT Principals: President Carmel Agius (center) with Prosecutor Serge Brammertz (right) and Registrar Olufemi Elias (left).
Kuri uyu munsi mpuzamahanga wo gutekereza kuri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994, Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) ruribuka abagabo, abagore n’abana bishwe n’Abahutu b’intagondwa mu minsi 100, yaranzwe n’imivu y’amaraso, ya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Umuhango wo kwitaba Urukiko bwa mbere mu Rubanza Porokireri aburana na Augustin Ngirabatware rwerekeranye n’ibyaha byo gusuzugura Urukiko uzaba ku itariki ya 17 Ukwakira 2019

Augustin Ngirabatware
Augustin Ngirabatware

Augustin Ngirabatware, uregwa ibyaha byerekeranye no gusuzugura Urukiko, azitaba Urukiko bwa mbere ku wa Kane, tariki ya 17 Ukwakira 2019, saa yine za mu gitondo, mu Cyumba cy’iburanisha cy’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Arusha muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya, haburanisha Bwana Vagn Joensen, Umucamanza umwe rukumbi washinzwe kuburanisha urwo rubanza.

Urugereko rw'Ubujurire rwasomye urubanza rwerekeranye no gusubiramo imikirize y’Urubanza Porokireri aburana na Augustin Ngirabatware

Uyu munsi, Urugereko rw'Ubujurire, rugizwe n’Abacamanza: Theodor Meron (Reta Zunze Ubumwe z'Amerika), Perezida, Joseph E. Chiondo Masanche (Tanzaniya), Lee G. Muthoga (Kenya), Aminatta Lois Runeni N’gum (Gambia) na Gberdao Gustave Kam (Burukina Faso), rwasomye urubanza rwerekeranye no gusubiramo imikirize y’Urubanza Porokireri aburana na Augustin Ngirabatware, No MICT-12-29-R.