Félicien Kabuga washakishwaga n’ubutabera mpuzamahanga yatawe muri yombi uyu munsi
Uyu munsi, Félicien Kabuga – umwe mu bantu bashakishwaga cyane kw’isi akaba anakekwa kuba yaragize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994-yatawe muri yombi i Paris mu Bufaransa n’inzego z’Ubufaransa biturutse ku iperereza izo nzego zakoze zifatanyije n’ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT).
Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha Serge Brammertz yavuze ibikurikira kuri iri tabwa muri yombi:
Minisitiri wa Tanzaniya ushinzwe kurinda ubusugire bw’Itegeko Nshinga n’ibyerekeranye n’amategeko, yitabye Imana i Dodoma
Ubutumwa buhuriweho bw’Abayobozi Bakuru b’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha: Umuhango wo kwibuka jenoside wabaye ku itariki ya 7 Mata 2020

Umushinjacyaha Mukuru Brammertz agejeje ijambo ku nama ishinzwe umutekano y"Umuryango w'Abibumbye
IRMCT yizihije Umunsi wahariwe Umuryango w’Abibumbye
Umuhango wo kwitaba Urukiko bwa mbere mu Rubanza Porokireri aburana na Augustin Ngirabatware rwerekeranye n’ibyaha byo gusuzugura Urukiko uzaba ku itariki ya 17 Ukwakira 2019
Augustin Ngirabatware, uregwa ibyaha byerekeranye no gusuzugura Urukiko, azitaba Urukiko bwa mbere ku wa Kane, tariki ya 17 Ukwakira 2019, saa yine za mu gitondo, mu Cyumba cy’iburanisha cy’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Arusha muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya, haburanisha Bwana Vagn Joensen, Umucamanza umwe rukumbi washinzwe kuburanisha urwo rubanza.
Urugereko rw'Ubujurire rwasomye urubanza rwerekeranye no gusubiramo imikirize y’Urubanza Porokireri aburana na Augustin Ngirabatware
Uyu munsi, Urugereko rw'Ubujurire, rugizwe n’Abacamanza: Theodor Meron (Reta Zunze Ubumwe z'Amerika), Perezida, Joseph E. Chiondo Masanche (Tanzaniya), Lee G. Muthoga (Kenya), Aminatta Lois Runeni N’gum (Gambia) na Gberdao Gustave Kam (Burukina Faso), rwasomye urubanza rwerekeranye no gusubiramo imikirize y’Urubanza Porokireri aburana na Augustin Ngirabatware, No MICT-12-29-R.